YouVersion Logo
Search Icon

Ibyahisuwe 3

3
Urwandiko rwandikiwe ab'i Sarudi
1“Wandikire marayika w'Itorero ry'i Sarudi uti
“Ufite Imyuka irindwi y'Imana n'inyenyeri ndwi aravuga aya magambo ati ‘Nzi imirimo yawe n'uko ufite izina ry'uko uriho, nyamara ukaba uri intumbi. 2Jya uba maso ukomeze ibisigaye bigiye gupfa, kuko nabonye ko ari nta mirimo mwakoze itunganye rwose imbere y'Imana yanjye. 3#Mat 24.43-44; Luka 12.39-40; Ibyah 16.15 Nuko ibuka ibyo wākiriye n'ibyo wumvise, ubyitondere kandi wihane. Ariko rero nutaba maso nzaza nk'umujura, nawe ntuzamenya igihe nzagutungurira. 4Icyakora ufite amazina make y'ab'i Sarudi batanduje imyenda yabo. Ni bo bazagendana nanjye bambaye imyenda yera kuko babikwiriye.’
5 # Kuva 32.32-33; Zab 69.29; Ibyah 20.12; Mat 10.32; Luka 12.8 “Unesha ni we uzambikwa imyenda yera, kandi sinzahanagura izina rye na hato mu gitabo cy'ubugingo, ahubwo nzatūrira izina rye imbere ya Data n'imbere y'abamarayika be.
6“Ufite ugutwi niyumve ibyo Umwuka abwira amatorero.
Urwandiko rwandikiwe ab'i Filadelifiya
7 # Yes 22.22; Yobu 12.14 “Wandikire marayika w'Itorero ry'i Filadelifiya uti
“Uwera kandi w'ukuri ufite urufunguzo rwa Dawidi, ukingura ntihagire ukinga kandi ukinga ntihagire ukingura, aravuga aya magambo ati 8‘Nzi imirimo yawe. Dore nshyize imbere yawe urugi rukinguye kandi nta wubasha kurukinga, kuko ufite imbaraga nke nyamara ukitondera ijambo ryanjye, ntiwihakane izina ryanjye. 9#Yes 49.23; 60.14; 43.4 Dore nguhaye bamwe bo mu isinagogi ya Satani biyita Abayuda nyamara atari bo, ahubwo ari abanyabinyoma. Dore nzabahata kuza bikubite imbere y'ibirenge byawe, bamenye yuko nagukunze. 10Kuko witondeye ijambo ryo kwihangana kwanjye, nanjye nzakurinda igihe cyo kugerageza kigiye kuza mu bihugu byose kugerageza abari mu isi. 11Ndaza vuba, komeza ibyo ufite hatagira ugutwara ikamba ryawe.’
12 # Ibyah 21.2; Yes 62.2; 65.15 “Unesha nzamugira inkingi yo mu rusengero rw'Imana yanjye kandi ntazasohoka ukundi, nanjye nzamwandikaho izina ry'Imana yanjye n'iry'ururembo rw'Imana yanjye ari rwo Yerusalemu nshya, izamanuka iva mu ijuru iturutse ku Mana yanjye, kandi nzamwandikaho izina ryanjye rishya.
13“Ufite ugutwi niyumve ibyo Umwuka abwira amatorero.
Urwandiko rwandikiwe ab'i Lawodikiya
14 # Imig 8.22 “Wandikire marayika w'Itorero ry'i Lawodikiya uti
“Uwiyita Amen, umugabo wo guhamya kandi ukiranuka w'ukuri, inkomoko y'ibyo Imana yaremye aravuga aya magambo ati 15‘Nzi imirimo yawe, yuko udakonje kandi ntubire. Iyaba wari ukonje cyangwa wari ubize! 16Nuko rero kuko uri akazuyazi, udakonje ntubire, ngiye kukuruka. 17Kuko uvuga uti “Ndi umukire, ndatunze kandi ndatunganiwe nta cyo nkennye”, utazi yuko uri umutindi wo kubabarirwa, kandi uri umukene n'impumyi ndetse wambaye ubusa. 18Dore ndakugira inama: ungureho izahabu yatunganirijwe mu ruganda ubone uko uba umutunzi, kandi ungureho n'imyenda yera kugira ngo wambare isoni z'ubwambure bwawe zitagaragara, kandi ungureho umuti wo gusīga ku maso yawe kugira ngo uhumuke. 19#Imig 3.12; Heb 12.6 Abo nkunda bose ndabacyaha, nkabahana ibihano. Nuko rero gira umwete wihane. 20Dore mpagaze ku rugi ndakomanga. Umuntu niyumva ijwi ryanjye agakingura urugi, nzinjira iwe dusangire.’
21“Unesha nzamuha kwicarana nanjye ku ntebe yanjye y'ubwami, nk'uko nanjye nanesheje nkicarana na Data ku ntebe ye.
22“Ufite ugutwi niyumve ibyo Umwuka abwira amatorero.”

Currently Selected:

Ibyahisuwe 3: BYSB

Highlight

Share

Copy

None

Want to have your highlights saved across all your devices? Sign up or sign in