Nuko Uhoraho ansubiza, agira ati
«Andika iby’iri bonekerwa, ubishyire ku tubaho,
maze babashe kubisoma neza.
Gusa iby’iri bonekerwa bizaza mu gihe cyagenwe,
ni bwo byose bizuzuzwa nta kabuza;
n’aho ryatinda kandi uzaritegereze,
kuko rizaza ku gihe cyaryo nta gihindutse!